Ingabo za Israel zatangaje ko zishe abagabo babiri b’Abanyapalestina, Qutaiba Shalabi na Mohammed Nazzal, bakekwaho uruhare mu gitero cy’amasasu giheruka kwica Abanya-Israel batatu mu Burasirazuba bwa Yorodani. Iyi mirwano yabereye hafi y’umujyi wa Jenin, mu gihe ibikorwa bya gisirikare bihari bikomeje kongera umwuka mubi mu karere.

Nk’uko byatangajwe n’igisirikare cya Israel, aba bagabo bishwe nyuma yo kurasana gukomeye ahitwa Burqin. Minisiteri y’ubuzima ya Palestina ivuga ko imibiri yabo yajyanwe n’ingabo za Israel kandi inzu barimo bayisenye. Umutwe wa Hamas watangaje ko abo bagabo bari abarwanyi bawo.

Ibikorwa bya gisirikare byageze no mu nkambi y’impunzi ya Jenin, aho abaganga n'imbangukiragutabara babuzwa kwinjira. Abaturage 12 ba Palestina barimo n’aba bagabo bishwe muri ibi bikorwa, naho abandi benshi barakomereka.

Bamwe mu bishwe ngo ni abasivile, barimo Ahmed al-Shayeb, umucuruzi uzwi muri ako karere. Abatangabuhamya bavuze ko al-Shayeb yishwe arashwe mu modoka ye ubwo yari kumwe n’umuhungu we w’imyaka 10. Uwo mwana yavuze ukuntu abasirikare ba Israel barashe imodoka yabo, bikarangira se apfuye amureba.



Ibikorwa birimo gusenya imihanda no kugenzura abashaka guhunga hifashishijwe drones byateye impungenge ku mibereho y’abaturage batishoboye bo muri iyi nkambi. Abaturage bavuga ko bashyirwa mu matsinda mato kugira ngo bagenzurwe, abandi ntibashobora kuhava kubera uburwayi, izabukuru, cyangwa ubwoba.


Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz, yavuze ko ibi bikorwa byubakiye ku mpinduka mu buryo bakoresha, bugamije kurandura abarwanyi no kubabuza kongera kubyutsa umutwe. Ariko kandi, abasesenguzi baribaza niba ubu buryo buzagira ingaruka zirambye, cyane ko byananiwe mu nkambi ya Gaza.

Iyi ntambara ikomeye ikurikiye igitero cya Hamas cyabaye m'Ukwakira 2023, cyahinduye byinshi mu mikorere ya Israel mu Burasirazuba bwa Yorodani no muri Gaza. Ibikorwa bya gisirikare biri i Jenin bifatwa nk’uburyo bwo kwerekana imbaraga mu gihe ubuyobozi bwa Israel buri ku gitutu imbere mu gihugu no hanze.

Amezi akomeje kwiyongera i Jenin, ariko abaturage benshi bafite ubwoba bw’uko hashobora kongera kubaho imfu nyinshi n’isenywa ry’ibikorwa remezo. Mu gihe ibikorwa by’ingabo za Israel bigikomeje, amaso y’isi yose ari ku ngaruka zishobora kuvuka haba ku buryo bwa muntu no muri politiki.