Abarundi batuye mu bice byegereye ishyamba rya Kibira riri mu
majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, bari kurara rwantambi bitewe
n’ingabo zimaze icyumweru zoherezwamo.
Abasirikare n’abapolisi batangiye koherezwa muri iri shyamba mu
ntangiriro z’icyumweru gishize, zinyuze muri komini ya Bukinanyana na Mabayi
ziherereye mu ntara ya Cibitoke.
Ikinyamakuru RPA cyatangaje ko abasirikare bashyizwe ku bwinshi
ku biraro bigize umuhanda munini wa RN5 birimo icya Nyamagana, Muhira,
Kaburantwa na Kajeke kugira ngo babirinde amanywa n’ijoro.
Umuturage waganiriye n’ikinyamakuru SOS Burundi, na we yahamije
amakuru y’ubwiyongere bw’aba basirikare, agira ati “Aba bantu bafite intwaro
nyinshi binjiye muri Kibira baturutse ku gasozi ka Ruhembe muri zone Bumba no
ku dusozi twa Rutorero na Gafumbegeti muri Zone Butahana, muri komini
Bukinanyana na Mabayi.”
Ku mugezi wa Rusizi na Ruhwa hafi ya Repubulika Iharanira
Demokarasi ya Congo n’u Rwanda na ho byemezwa ko hongerewe abashinzwe
umutekano.
Abaturage batangaje ko vuba cyane hashobora kuba imirwano hagati
y’ingabo z’u Burundi n’imitwe yitwaje intwaro ikunze kwinjira muri Kibira,
iturutse mu burasirazuba bwa RDC.
RPA isobanura ko bitewe n’ubu bwoba, hari abatuye muri izi
komini bahitamo kujya kurara mu bihuru, abandi bakarara badasinziriye.
Ingabo z’u Burundi zoherejwe ku bwinshi mu majyaruguru
y’uburengerazuba nyuma y’aho umutwe witwaje intwaro wa RED Tabara ugabye
igitero muri zone Gatumba mu Ukuboza 2023, Perezida Evariste Ndayishimiye
agashinja u Rwanda kuwufasha gusa rwo rwarabihakanye.
Umubano w’u Burundi n’u Rwanda uhagaze nabi guhera mu mpera
z’umwaka ushize. Byatumye iki gihugu kiri mu majyepfo gifunga imipaka yacyo
tariki ya 11 Mutarama 2024.


0 Comments
Leave Your Comment Below