Umushumba Mukuru wa Redeemed Gospel Church, Bishop Dr. Rugagi Innocent, yasabye abakirisitu bose ko bakwiriye gukomeza icyo bafite ngo batakinyagwa n’ibihe bigoye dusohoyemo kandi ko bakwiriye kwirinda kuba abacamanza b’abandi asabira u Rwanda gukomeza kugira amahoro, ubumwe n’iterambere.
![]() |
| Bishop Dr Rugagi Innocent Umushumba Mukuru wa Redeemed Gospel Church |
Bishop Dr Rugagi Innocent yahaye ubutumwa
bukomeye abakristo .yatangiye avuga ko uko wakomereka kose cyangwa
se ugahura n’intambara nyinshi bitatuma ukomeretsa abantu batagize uruhare mu
byakubayeho, kandi nima hari uwagukomerekeje ugomba kumwegera ukamusaba
imbabazi.
Yagize
ati “Yesu yaravuze ngo utababariye mugenzi we nawe ntabwo azababarirwa ku munsi
w’urubanza, rwose ntugacire abantu urubanza mu gihe nawe utaracibwa urubanza
kuko ibi niyo umuntu ataba ari umukristo basi yagendera ku burere mboneragihugu
agakurikiza ibyiza ubuyobozi bwiza bw’igihugu budutoza, kandi dukwiriye gukunda
no gusengera igihugu hamwe n’ibihugu duturanye kugira ngo Imana itugwirize
amahoro”.
Ati:
“Kunda u Rwanda urusengere kandi usengere n’abayobozi barwo kuko niyo
utarukunda ariko uri umunyarwanda ntiwakihakana kuko niyo gakondo yawe rwose
kandi hari abantu baba barindiriye kubona ibitari byiza ariko njyewe ndatangaza
amahoro,ubumwe n’iterambere bikomeze bisagambe ku gihugu cyacu kiza Imana
yaduhaye.”
Yashoje
asenga isengesho agira ati:”Mana
ndagushimiye ko unyumva kandi ugakora,muri aka kanya Ndasaba amahoro arambye ku
gihugu cyacu n’ibihugu by’abaturanyi ku girango tubashe kugera ku ntego twahawe
n’ubuyobozi bw’igihugu cyacu kandi ukomeze urinde itorero ryawe,abakozi bawe
n’abanyarwanda muri rusange”. Amen!

0 Comments
Leave Your Comment Below